Rwanda: Itangazamakuru ryazanzahurwa rite nyuma y’umwambaro wa gisirikare n’igipindi?

03/05/2017, Ubwanditsi

Buri mwaka ku itariki ya 03 Gicurasi, hizihizwa « Umunsi mpuzamahanga w’ubwisanzure bw’itangazamakuru ». Uyu munsi washyizweho n’Inteko y’Umuryango w’abibumbye (LONI) mu mwaka w’1993.

Muri iki kiganiro, Ishyirahamwe riharanira ubwisanzure bw’ibitekerezo, umuco n’amahoro, Liberté d’expression, Culture et Paix (LECP) ryatumiye bamwe mu banyamakuru b’abanyarwanda kugira ngo baritangarize icyo babona gitera inzitizi Itangazamakuru nyarwanda, n’uburyo ryakwivana muri izo nzitizi. Baranatubwira icyo batekereza kuri gahunda y’itorero n’ingando; aho n’abanyamakuru basigaye bajyanwa.

Abanyamakuru bajyanwe mu itorero muri Mata 2017. Imbere uwa 2 uva ibumoso ujya iburyo ni Cléophas Barore

Mu batumirwa harimo Jean-Claude Nkubito umaze muri uyu mwuga imyaka isaga 25, ndetse akaba anawuguramo abandi. Hari Alphonse Nsabimana umwe mu banyamakuru bahungiye hanze vuba kuko ahamazae imyaka itarenga itatu (ni umwe mu b’ingenzi banditsweho na Anjan Sundaram, mu gitabo cyitwa « Bad news, last journalists in dictatoship »); hari kandi n’undi munyamakuru utanga ubuhamya ariko akaba ahitamo ko amazina ye atatangazwa ndetse agasaba ko n’ijwi rye rihindurwa kuko akiri ahantu atarizera neza umutekano we.

 

Abanyamakuru bajyanywe mu itorero n’ingando. Ukuboza 2015. Imbere uwo hagati wambaye “lunettes” ni Peacemaker Mbungiramihigo

 

Hari byinshi bishobora kubangamira umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda. Hari ubukene, hakaba gucika intege bitewe n’iterabwoba, gutwarira iyo rigoramiye, hakaba n’ingorane zo gukorera mu gihugu kirimo igitugu n’igisuti. Gahunda y’itorero na yo imaze kugera ku banyamakuru, kandi na yo ishobora kubangamira ubwisanzure n’ubwigenge bw’abanyamakuru. Muri Mata 2017, bajyanyweyo abanyamakuru basaga 150. Iyo gahunda y’itorero n’ingando ibera i Nkumba. Icyo cyiciro cyari icya kabiri kuko icya mbere cyari cyajyanywe mu itorero mu kwezi k’Ukuboza 2015. Icyo gihe ubutegetsi bwari bwoherejeyo abanyamakuru 112.

 

Ikiganiro abatumirwa bagiranye na Jean-Claude Mulindahabi:

 

Please follow and like us:
Floating Social Media Icons by Acurax Wordpress Designers
RSS
Follow by Email