Nguyu araje Byirukuganze

Umuvugo wanditswe na Muhamyanganji

 

Mundeke nigabe mu Nganzo

Se aho si hafi yo kuri Ngomba

Aho ugera wuriye Kangomba

Niko gutaha kwa Gihanga

Agiye guhangirwa n’Abasinga

Ngo asingire Ingoma y’Ubwami ;

Ngiye mu bwiru bw’ingoma mu nda

Ntabwo ndibwirirwe mu ndaro

Nta kuharara no kuharamba

Ngo ejo ndatatira iki gihango

Dore ko nadukanye UMUHANGO

Ngira ngo mpange UKURI mu Rwanda;

Nguyu umuhango udahangurwa

Dore ko ugiye kuba karande

Ngo uzarande ingoma bihumbi

Ugire amahundo umuganaziko

Uhumbahumbe urupfu n’izarwo

Nuko u Rwanda RUKIKUKE;

Ruve mu rwobo rw’Urususirane

Nka rwa rundi rwa Bayanga

Se aho si Bwimba waje arwimba

Umunsi yigena akitanga

Ariko atumva ko yitaye

Atera umwaku Abazirankende ;

Nguwo ni uwo Muze uruzonga

Umukokwe rwikoreye udaturwa

Ukaba wa Muvumo uruvusha

Umwami yakwima inkaba igatemba

Ngo umuco wica ntugacike

N’uyu munsi bikaba ari uko ;

Ndebye i Buganzu bwo kwa Bwimba

Robwa arahurura arahutera

Ni uyu washyingiwe iyo Rituruka

Atwaye umwaku urimo umwana

Ngo ajye kuwumisha i Gisaka cyose

Bagisakiranye bacyogogoze;

Umugeni utagenwe n’Imana

Ndetse n’Imandwa ntibikunde

Ngo inzuzi zonyine zareze

Zivutsa umwana zeza umwaku

Umugeni agenda awutongerwa

Ngo ugombore i Gisaka cyose;

Ataha i Bwami arahatimaza

Yitwa umwamikazi nk’ab‘ iyo

Akamuri mu nda kari ukubiri

Harimo umwana urwye umwaku

Nguyu umwera usa n’umwura

Wimbye Urwobo rw’uru Rwanda;

Kwa Nyamuzinda ni yo ruzitse

Rurizinze ni nk’uruzingo

Umuuruho rwikoreye uragoye

Ugira inkomoko mu kwibamba

Ngicyo ikibamba kirimo icyasha

Cyarushegeshe rukaba igishega;

Robwa mubwirwa ni uwo nguwo

Atashye i Bwami ahagira ibambe

Ari n’umutongo uzamutanga

Hamwe n’intanga atunze mu nda

Akazabamba kurusha ibamba

Ariryo rizatuma yibamba;

Mbonye ubwihebe buhebuje

Buhatse ubwiyahuzi bw’umwaku

Bwenda intanga bukayisesa

Ngo ishyano lyibasire aho iguye

Akazibamaba abamba n’uwe

Mu gihe yiroshye ku rubambo;

Aramubambye baribamba

Nguwo umwaku wavumwe u Rwanda

Kuko wabaye umuco w’ibwami

Witwa intsinzi uratsindagirwa

Wogera mu Nduga n’i Burundi

N’i Bunyabungo waba uhazwi;

Robwa ubu agiye kubwarura!

Byirukuganze akabaka Inganji

Aho wa Mwaku ntugize umwaku

Abantu bakwumva ko ari Abantu

Maze bakigaba iya Gakondo

Byirukuganze ari ku mukondo !

Nguyu araje Numukobwa

Ndetse arahetse ni umubyeyi

Ntabwo ari Umuteramwaku

Unamubonye ateye Ubwuzu

Agira Ubumuntu busesuye

Ashaka gusesekaza mu Rwanda ;

Nkunze ko agendana n’Imana

Kuko ishaka ko aba imanzi

Inzira azanyura ni iyayo

Niyo imureba ni yo imurinze

Ngo ataligasurwa n’Abaryoko

Bamwe b’uburyarya burya n’abantu ;

Byirukuganze uje kubaganza

Yabakanze baramuhinda

Ariko ubwoba bwabatashye

Ubworo bubuzura mu birenge

Ubu barakotana biracika

Inkota zabo bazkuye;

Bumva mu ijuru havumera

Bakavugishwa nk’abazonzwe

Ngo Robwa w’ubu ni uwo nguwo

Aje kubahuta abahutaze

Abagire nk’uko bamucuje

Bakamucutsa ataracuka;

Iteka batekereza guhorwa

Inzigo baziritseho irabazonze

Inzika ibanukira igihe cyose

Umutwe utuwe n‘Inkomanga

Umutima udiha ijoro n’umunsi

Mu nda umutontomo ntutuza ;

Barubambiye ku nkiko

U Rwanda baruteye inkingi

Ijuru ryarwo rirasakarwa

N’inyoni isanzwe ntihatamba

Iciwe iryera icibwa ibere

Ngo ejo itazonsa abana bayo;

Barakumira Byirukuganze

Kandi ari Umuzirakuganzwa

Ni nk’umuganga uvura abantu

Aje guhindura abamuhinda

Byirukuganze ubwo akataje

Robwa we agiye kubwarura.

 

Please follow and like us:
Social Media Widget Powered by Acurax Web Development Company
RSS
Follow by Email